Mu rwego rw’imikoranire mu gusangira ubumenyi butandukanye mu masomo runaka, Igihugu kimwe gishobora kohereza bamwe mu baturage bakajya kwiyungura ubumenyi basoza amasomo bakagaruka iwabo, akaba aribwo buryo ba Ofisiye batanu boherejwe muri Zimbabwe gukurikirana amasomo ajyanye na serivisi z’Igorora dore ko atari ubwambere kuko hari abandi batanu bayasoje umwaka washize.
Ni amahugurwa ari kubera mu kigo gitangirwamo amasomo ajyanye no kugorora, chikurubi giherereye mu mujyi wa zimbabwe I Harare, ayo masomo akaba azamara igihe cy’umwaka, akazahabwa ba Ofisiye bakuru ba Zimbabwe 39 na 05 boherejwe n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, bakaziga amasomo arimo gusubiza mubuzima busanzwe abasoje ibihano, kwiga imishinga ituma amagororero abasha kwibeshaho.
Uburyo abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bajya muri Zimbabwe, gukurikirana amasomo ni amasezerano yabaye hagati y’ibihugu byombi yo gusangira ubumenyi aho bamwe bashobora kwigira ku bandi ibyo bafite bakabisangira.
Amasomo azamara umwaka yitabiriwe na ba Ofisiye batanu ba RCS, yatangijwe ku mugaragaro uyumunsi.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.