Categories: Amakuru ya RCSSlider

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda n’urwo muri Namibiya zasinyanye amasezerano

Aya masezerano yashyizweho umukono na Komiseri Mukuru w’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia; CG Raphael Tuhafeni Hamunyera na mugenzi we w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora; CG Evariste Murenzi.

Ni amasezerano y’umubano w’Ibihugu hagati y’u Rwanda na Namibiya, azibanda cyane cyane mu nzego zabyo zishinzwe Igorora.  Aya masezerano ashingiye ku gusangira amakuru ku bikorwa bitandukanye by’igorora, ku kunoza imicungire y’amagororero no ku guhana ubumenyi binyuze mu kwigisha no guhugura abakozi bakora muri izi nzego zombi z’Igorora.

CG Hamunyela yishimiye bimwe mu bikorwa harimo amahugurwa ya kinyamwuga atangirwa ku Ishuri rya RCS, aho yavuze ko azasaba abakozi b’Uru Rwego kujya kubafasha gutangiza ishuri ry’Abofisiye bato iwabo muri Namibiya. Yashimye kandi uburyo hatunganywa umwanda uva mu magororero ugakorwamo ingufu za biyogaze (biogas) ikoreshwa mu gutekera abantu bafunzwe n’abagororwa harimo no kurinda no kubungabunga ibidukikije. Yashimye na none ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gucunga umutekano w’Igororero.

Aya masezerano biteganyijwe ko azamara imyaka itanu.

CG Hamunyela yahawe impano y’urwibutso na Komiseri mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.