CG Hamunyela hamwe n;itsinda ayoboye bakiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora Evariste Murenzi. Aba bashyitsi basobanuriwe byinshi ku bunyamwuga bwa RCS, kuva ku masomo n’amahugurwa abakozi bashinzwe igorora bahabwa n’uburyo bakora akazi ka buri munsi.
Bagarutse kandi ku mibereho y’abagororwa n’inzira abagororwa banyuzwamo kugira ngo harweho intego nyayo yo kugororoka.
Komiseri Hamunyela yavuze ko n’ubwo baje mu Rwanda bagamije gusangira ubumenyi mu mwuga wo kugorora, icy’ingenzi cyane ari amasezerano y’ubufatanye mu nzego zombi. Yagaragaje ko bagifite icyuho mu bijyanjye n’amashuri atanga ubumenyi bw’abakozi bashinzwe igorora cyane ko nta shuri ritoza ba Ofisiye bafite. Ati “ndabasabye nidusoza gusinyana amasezerano mutwoherereze bamwe mu bakozi banyu baze badufashe gutangiza amahugurwa.”
Biteganyijwe ko aba bashyitsi baturutse muri Namibia, mu minsi itatu y’uruzinduko rwabo mu Rwanda bazasura ibikorwa bitandukanye bya RCS.
CG Hamunyela n’abamuherekeje basobanuriwe byinshi kuri RCS.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.