Amagorero arimo abana babana n’ababyeyi babo ni ane ariyo, Ngoma, Nyamagabe, Nyarugenge na Musanze, aho abo bana bitabwaho nkuko abandi bana batari mu Igororero bitabwaho kuko uburenganzira bw’umwana aho ari hose buba bugomba kubahirizwa hatitawe ku mpamvu izo arizo zose, akaba ariyo mpamvu abana bari mu magororero bakurikiranwa kugirango batazasigara inyuma muri gahunda runaka ziba zibareba.
Hari abafatanyabikorwa bagira uruhare muri ibyo bikorwa byo gutuma abo bana bishima, aho babazanira ibikoresho bitandukanye birimo ibikinisho, imyenda, inkweto, amasabune ndetse bakabazanira amata, amaji, amandazi, ibisuguti n’amabombo ibintu abana bakunda bakerekwa urukundo kugirango barusheho kumva ko ari abana nk’abandi bana bose bari mumiryango batari mu buzima bw’Igororero.
Undi mwihariko wabaye ku Igororero rya Nyarugenge umuryango w’uvugabutumwa Good News, wahaye Noheri abasaza n’abanyantege nke barimo abagore batwite n’abana bose hamwe bagera kuri 700, babagenera impano zitandukanye zirimo, isukari amasabune, cologate, amavuta yo kwisiga, imyenda abana bagenerwa ibisuguti, amabombo na ji.
Igikorwa cyo guha abana noheri kandi kiba kireba n’abana baba mu Igororero rya Nyagatare baba barakoze ibyaha ariko kubera ko baba bataruzuza imyaka y’ubukure bagashyirwa ahantu bazakurikiranwa bagororwa kuko banakomeza amashuri.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.