Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yasuye ibikorwa bitandukanye bya RCS biherereye i Rwamagana

Muri uru ruzinduko hari hagamijwe gusura no kugenzura ibikorwa by’mirimo y’inyubako zirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano RCS ifite zo kwita ku mibereho myiza y’abagororwa n’abantu bafunzwe.
Hasuwe inyubako zo kwagura Igororero rya Rwamagana, iz’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro zo zarangiye, zikaba zigirwamo n’abagororwa mu rwego rwo kubaha impamba y’ubumenyi igihe basoje ibihano bakatiwe n’inkiko bikazabafasha kwibeshaho neza.
Minisitiri Dr Vicent Biruta n’abo bari kumwe basuye kandi ishuri ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS riherereye muri aka karere ka Rwamagana. Aha na ho yeretswe ibikorwa by’iri shuri harimo n’inyubako nshya zimaze kuzura n’izirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza umwuga mu kugorora.
Aba bashyitsi basuye kandi banishimira ibikorwamishinga RCS ifite mu Karere ka Rwamagana aharimo kubakwa inyubako zizajya zibamo abagororwa basigaje igihe gito ku bihano bahawe n’inkiko bategurwa gusubira mu buzima busanzwe muri gahunda yiswe mu ndimi z’amahanga “Half Way Home Social Reintegration centre”.
Minisitiri Dr Biruta Vicent yanaganiriye n’abayobozi bashinzwe gushyira mu bikorwa ibi byose maze bamugezaho bimwe mu bibazo bibagoye bikeneye ubufasha maze abagira inama.

Minisitiri Biruta yagaragarijwe igishushanyombonera cy’ibikorwa byose biteganyijwe.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.