Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abashyitsi bo muri Liberia basuye ibikorwa by’igorora bikorerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Nyuma yo guhabwa ikaze ku Igororero rya Nyarugenge, abashyitsi basobanuriwe ibikorwa bya buri munsi by’iri Gororero birimo kumenya umutekano w’abagororwa aho baherereye hose haba mu nkiko, ku mirimo inyuranye, ku mavuriro n’ahandi; kubigisha amasomo atandukanye arimo ay’ubumenyingiro, ay’isanamitima n’uburere mboneragihugu; kubatoza ibikorwa by’iterambere bibyara inyungu ku bagororwa n’Igororero muri rusange; ibikorwa by’imyidagaduro ndetse no kwita ku buzima bw’abagororwa harimo no kuvuzwa ku mavuriro atandukanye mu Gihugu.

Mu rwego rwo kumenya uko bikorwa, abashyitsi batemberejwe mu maserivisi anyuranye y’Igororero ari ko bakomeza gusobanurirwa ibihabera; basura n’   amashuri y’igisha abagororwa imyuga itandukanye irimo, ubudozi, ubwubatsi, ububaji, ikoranabuhanga n’ubukanishi bw’ibinyabiziga.

Banasobanuriwe kandi kuri gahunda y’irerero ryashyiriweho abana bato bari mu nsi y’imyaka itatu(3) bamenyeshwa ko amategeko n’amabwiriza bigenga Igorora byemera ko abana bari munsi y’iyo myaka bakomeza kubana n’ababyeyi babo mu Igororero ariko bakitabwaho nk’uko abana bose mu Gihugu bitabwaho, ariyo mpamvu bashyiriweho  irerero ry’abana bato (ECD).

Aba bashyitsi, nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye bigamije kugorora abakoze ibyaha, mu bumenyi butandukanye bahabwa bubafasha kubaho neza ny’uma y’ibihano, bishimiye izi gahunda ndetse bemeza ko bungutse byinshi bakeneye mu Gihugu cyabo.

Abashyitsi basuye icyumba kiburanirwamo hakoreshejwe ikoranabuhanga

Abashyitsi batemberejwe mu ishuri abagororwa bigiramo umwuga w’ubudozi

Banasuye ishuri ry’ubukanishi bw’ibinyabiziga abagororwa bigiramo.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.