Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore bwasuye Igororero rya Nyamagabe

Abayobozi basuye Igororero, bakiriwe neza n’abagororwa mu buryo bw’indirimbo n’imbyino biryoheye ijisho. Ubuyobozi bw’Igororero rya Nyamagabe bwabanje gutembereza abashyitsi ahantu hatandukanye abagororwa bigira imyuga, irimo iyo kuboha, gutunganya imisatsi iy’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’irerero ry’abana bato babana n’ababyeyi babo (ECD). Ni imyuga ifasha abagororwa kwiteza imbere igihe basubiye mu buzima busanzwe igihe basoje ibihano byabo.

Nyuma yo kumva ibibazo n’ibitekerezo abagororwa bamugejejeho birimo ibijyanye no kwivuza, imitungo yabo ndetse n’imibereho y’abana babo basigaye mu miryango, Madame Mukagasangwa Consolée yabijeje ubufasha bwose bakeneye kugira ngo imibereho yabo n’abana babo igende neza, ndetse anabakangurira gukomeza umutima wa kibyeyi wo kurera neza abana bari kumwe. Yashimiye by’umwihariko ubuyobozi bw’Igororero mu izina rya RCS, kuko babasha guhindura imyumvire n’imyitwarire y’abakoze ibyaha bakabasha gusubira muri sosiyete bagororotse. Yasabye abagororwa gukomeza imyitwarire myiza bafite no kuzirinda insubiracyaha igihe bazaba batashye.

Umuyobozi w’Igororero rya Nyamagabe, Madame Mukankuranga Donatha, yabwiye abashyitsi basuye igororero ko usibye amasomo y’imyuga itandukanye abagororwa biga, hari nandi masomo y’uburere mboneragihugu na ‘Ndi Umunyarwanda’ bahabwa.

Abashyitsi bakiriwe neza n’abagororwa mu ndirimbo n’imbyino zishimishije.

Abashyitsi batemberejwe mu mashuri abagororwa bigiramo imyuga itandukanye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.