Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi batatu ba RCS basoje amahugurwa ajyanye n’imicungire, yaberaga mu Gihugu cya Zambiya, ajyanye no kugorora

Ibihugu byitabiriye aya mahugurwa birimo Namibiya, Zimbabwe, u Rwanda na zambiya yatanze aya mahugurwa, akaba yari amaze igihe kingana n’amezi atatu ahabwa abakozi baba muri serivisi zo Kugorora n’amagereza, ajyanye n’imiyoborere, akaba kandi yaritabiriwe na komiseri  mukuru wungirije w’amagereza no kugorora muri Zimbabwe Social Ndanga na mugenzi we komiseri mukuru w’amagereza wungirije muri Namibiya Anna Rose Katjevina.  CIP Wilson Kabagambe  waturutse mu gihugu cy’u Rwanda, witabiriye ayo mu rwego rushinzwe kugorora niwe wavuze mu izina ry’abitabiriye amahugurwa ashimira abayitabiriye umuhate bagize ndetse n’ababahuguye. Yagize ati “ Mu izina rya bagenzi banjye twakoranye amahugurwa turishimira  ubufatanye bwiza buri hagati ya ZCS n’ibindi bigo byo mu karere, harimo n’ibyo mu mu bihugu byo mu karere k’uburasirazuba EAC, aho u Rwanda ruherereye. Ndabasezeranya ko nk’abasoje aya mahugurwa ubumenyi  twakuye hano n’ibindi byose twakuye muri iri shuri, tuzabikoresha neza duharanira kuba abakozi beza babanyamwuga kugira ngo tubashe kuzamura imikorere myiza muri serivisi z’amagereza no Kugorora dushinzwe.”

Muri uyu muhango Komiseri Mukuru w’amagereza no kugorora muri Zambiya CG Fredrick Chilukutu yavuze ko yifuza ko ishuri ritangirwamo amahugurwa ryakura rikajya ryakira amahugurwa y’akarere.

Yagize ati “Ndifuza ko iri shuri rya Nyango Correctional Staff Training School,  ritangirwamo amahugurwa y’Abakozi ku bunyamwuga mu kugorora, ryazamurwa rikaba ihuriro ry’amahugurwa yo mu karere agenewe abashinzwe amagereza no Kugorora muri SADC ndetse no muri Afurika yose kugira ngo tubashe kubakira ubushobozi n’ubunyamwuga bukenewe mubakozi kandi turizera ko bizakunda.“

Yasoje asaba ubufatanye no guhuza imbaraga kugira ngo umwuga wo kugorora urusheho gutera imbere no gukabya inzozi kubyo biyemeje mu kuzamura ubunyamwuga.

Ni Amahugurwa yatangiye muri Werurwe 2024, akaba yari amaze amezi atatu, yitabirwa n’abagera kuri 167, muri abo bayitabiriye 154ni abo mu gihugu cya Zambiya, 05 bo muri  Zimbabwe, 05 bo muri Namibiya na 03baturutse mu Rwanda.

CG Fredrick Chilukutu Komiseri Mukuru w’amagereza no kugorora muri Zambiya niwe wari umushyiti Mukuru muri uyu muhango.
Ni amahugurwa ajyanye n’imiyoborere bari bamazemo igihe kingana n’amezi atatu.
bafashe amafoto atandukanye n’abayobozi b’amagereza no kugorora mu gihugu cya Zambia.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.