Nkuko abanyarwanda bose n’inshuti zabo bari mucyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’abari mumagororero nabo bibuka nkuko abandi Banyarwanda bose baba bibuka, bakanahabwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’icyo gihe, aho ibiganiro bitangwa birimo ibitangwa n’ubuyobozi bw’iryo gororero ndetse n’abandi baturutse hanze barimo abari mu nzego zitandukanye zirimo abayobozi n’abanyamadini n’amatorero murwego rwo gufasha abari mumagororero gukira ibikomere no kumenya amateka kuko haba harimo ingeri zitandukanye.
Ni muri urwo rwego umuhanzi Munyanshoza yagiye mu Igororero rya Nyarugenge kwifatanya nabo mu mugoroba wo kwibuka nkuko n’ahandi hose bikorwa mu gihugu abanyarwanda bagasangira amateka yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni, akaba n’umwanya kandi wo gusobanurirwa urugendo rwo kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda mu bumwe n’ubudaheranwa.
Mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abari mu magororero bose babikora nkuko n’ahandi hose bikorwa ndetse bikanafasha benshi kubohoka kuko hari abatanga ubuhamya bwibyo bakoze bakerekana n’imibiri yabo bishe kandi bari barinangiye.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.