Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Gasana, CGP Murenzi na Guverineri Mugabowagahunde bakoranye umugandangarukakwezi n’abaturage b’umurenge wa Gashaki mu karere ka Musanze

Ni umuganda ngarukakwezi wari witabiriwe na Senateri Habineza Faustin na Depite Nirere Therese uvuka muri ako karere, Senateri Habineza yahawe umwanya maze abwira abitabiriye umuganda ko baje bahagarariye ihuriro rishinzwe guteza imbere imbereho y’abantu mu kwandika abana, anashishikariza abaturage kwandikisha  abana bavutse bakanandukuza abantu bapfuye.

Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yasabye abaturage b’intara y’amajyaruguru ko bagomba kurangwa no kwirinda ruswa.

Yagize ati” Raporo y’ikigo cy’imiyoborere kumunsi w’ejo yagaragaje ko Akarere ka Musanze ari aka 29 mu turere 30, urumva ko dusa n’aho turi abanyuma, ibi bituruka muri serivisi mbi duha abaturage ari nabyo biganisha kuri ruswa, ikindi cyagaragaye mu ntara yacu ni ihohoterwa n’ubusinzi, ndabasaba kureka ruswa n’ubusinzi kuko ari ibituma iterambere ryacu risubira inyuma nkabasaba kandi kurangwa n’isuku mubyo mukora byose.”

Minisitiri Gasana nyuma y’umuganda nawe yaganirije abaturage bawitabiriye ababwira ko umusozi wa Mbwe wateweho ibiti bawushinze minisiteri y’umutekano abasaba ko ibyo biti byatewe babibungabunga.

Yagize ati” Ndagirango mbabwire ko uyu musozi twakozeho umuganda duteraho ibiti bawuduhaye munshingano, muzajya mutubona hano inshuro nyinshi, ndabasaba kuzabungabunga ibi biti twateye kuko iki ni ikigaragaza agaciro Leta y’u Rwanda iha agaciro ibiti, turasabwa kubyitaho neza mutera n’ibindi bivangwa n’imyaka n’iziribwa nk’imbuto, ndabasaba kandi kwicungira umutekano mutangira amakuru ku gihe kubyo mubona byawuhungabanya kandi ndabasaba gukaza amarondo, kandi n’abahungabanya umutekano nkuko abaturage babigaragaje harimo abajura, abahohotera n’abandi bakora ibikorwa bihungabanya umutekano mubireke kuko nimutabireka mugiye gufatirwa ingamba. Mbifurije kuzagira umwaka mwiza no kuzasoza umwaka neza.”   

Ibikorwa by’umuganda ngarukakwezi ni gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho murwego rwo kwishakamo ibisubizo abaturage abaturage babigizemo uruhare ntangengo ya leta ikoreshejwe, aho bubakira abaturage batishoboye, gusana imihanda n’ibiraro n’ibindi bikorwa bitandukanye.

Minisitiri Gasana, CGP Evariste Murenzi na Gitifu w’Umurenge wa Gashaki batera igiti ku musozi wa mbwe.
Ubwo bari basoje gutera ibiti bagiye mu nama yabahuje n’abaturage b’umurenge wa Gashaki.
Minisitiri Gasana arikumwe n’Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice bari mu gikorwa cyo gutera ibiti.
Minisitiri Gasana yabwiye abaturage ko ibiti byatewe bagomba kubibungabunga ndetse abashishikariza no gutera ibindi byinshi.
Abakozi b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora na Polisi y’u Rwanda nibo bitabiriye uyu muganda ari benshi.
Senateri Habineza Faustin na Depite Nirere Therese bari mubitabiriye umuganda wabereye ku musozi wa Mbwe.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.