Muri iki gikorwa, abakozi b’imiryango ya DiDe,HAGURUKA na Prison fellowship Rwanda bitabiriye iki gikorwa cyo gusuzuma urwego n’umusaruro w’ibiganiro bya mvurankuvure muri ayo magororero, aho abagororwa b’abayoborabiganiro banabihuguriwe bagaragaje ko inyigisho za Mvurankuvure zikomeje kubohora imitima yabo.
Nyiransabimana Josiane ugororerwa mu igororero ry’abagore rya Ngoma akaba n’umuyoborabiganiro wabihuguriwe, avuga ko ibiganiro bya mvurankuvure byafashije cyane mu gukora ku Mutima y’abantu bafunzwe kibageza ku kwihana no gusaba imbabazi ikintu giteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.
Kayisire Benigne Umufashamyumvire n’umwarimu wahuguye aba bagororwa yavuze ko “Amasomo yatanzwe mu rwego rwo gufasha abagororwa kongera kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusoza ibihano byabo bazabe barahindutse kdi bashobora kubana neza n’abandi no kwiyubaka muri rusange
Yagize ati” Amasomo twatanze ni afasha mu gukira ibikomere by’umutima, kugira ubushobozi bushingiye ku bumenyi bigafasha kandi abagororwa kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusubira mu miryango yabo bazabane neza n’abandi, kwiteza imbere, guteza imbere imiryango yabo n’Igihugu Muri Rusange”
Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Roselyne Uwamahoro Magera,avuga ko izi nyigisho zifasha mu rwego rwo kugorora no guhashya Isubiracyaha.
Yagize ati” Izi nyigisho za Mvurankuvure zifasha abagororwa n’abantu bafunzwe kugororoka kuko zituma barushaho kongera gutecyereza ku byaha bakoze,hanyuma bigatuma bicuza bakanafata umwanzuro wo kutazongera kwishora mu byabatera isubiracyaha.”
Iki gikorwa kizamara imyaka ibiri aho hamaze guhugurwa abasaga 360 mu magororero ya Musanze,Ngoma,Nyagatare na Nyamagabe.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.