Categories: Amakuru ya RCSSlider

DCGP Rose Muhisoni arikumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe James Musoni, basuye Minisitiri w’Ubutabera

Komiseri Mukuru wungirije w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, DCGP Rose Muhisoni, uri muruzinduko rw’akazi kuva kuwa 24 kugeza kuwa 26 Nzeri 2023, ari muri Zimbabwe, mu ruzinduko rw’akazi mu minsi itatu, aho yagiye kureba uko serivise zaho z’Igorora zikora, n’uburyo b’imikoranire myiza mu bijyanye na gahunda z’amahugurwa no gusubiza mu buzima busanzwe urwego rwo kugorora abakoze ibyaha, ibi bikaba biri murwego rwo guhanahana ubumenyi no kubaka ubunyamwuga, aho impande zombi zisangira ubumenyi bushobora gukoreshwa ku mpande zombie, murwego rwo kugorora bategura uwakoze icyaha gusubira mubuzima busanzwe.

Muri urwo ruzinduko, yasuye Gereza ya Mazowa izwiho ibikorwa by’ubuhinzi n’umusaruro, mu rwego rwo kureba uko ibikorwa by’ubuhinzi bikorwa ndetse n’uburyo bwo kuhira imyaka bakoresha mu bikorwa by’umusaruro, bakomereje kuri Gereza ifungiyemo abagore I Marondera, murwego rwo kurebe uko abagore bafunzwe bitabwaho muri gereza.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe arikumwe na Komiseri mukuru wungirije wa RCS, baherekejwe n’abayobozi bashinzwe Serivise z’Igorora basuye minisitiri w’ubutabera muri Zimbabwe.
Baganiriye kubintu bitandukanye muri serivise zo kugorora abagize ibyaha.
Basuye ibikorwa by’ubuhinzi bikorerwa kuri Gereza ya Marondera izwi cyane kuri ibyo bikorwa.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.