Categories: Amakuru ya RCSSlider

79 bagororerwa mu Igororero rya Muhanga, babarizwa mu idini ya Angilikani babatijwe

Umuhango wo kubatiza abayoboke b’itororero Angilikani mu Rwanda wabereye ku Igororero rya Muhanga witabiriwe n’abasengera muri iryo dini bagororerwa muri iryo Gororero nkuko bigenda kubakurikiranye inyigisho z’idini runaka bakazisoza bikaba ngombwa ko hagira imihango bakorerwa niko byagenze kubayoboke biri torero bakurikiranye inyigisho z’umubatizo bakaba bari bagejeje igihe cyo kubatizwa.

Bamwe mubabatijwe bishimiye intambwe bateye mu rugendo rw’agakiza bavuga ko badateze gusubira inyuma, kuko hari byinshi bungukiye muri uru rugendo kandi banavuga ko bazakomeza kuganiriza ibandi ibyiza byo gukiza kuko bitanga amahoro iyo waretse inzira mbi wagenderagamo akayoboka inziza.

Hakizimana  Fabrice yagize ati” nishimiye antambwe nateye mu rugendo rwo gukizwa, tumaze iminsi dukurikirana inyigisho z’umubatizo twigishwa n’abayobozi bacu, ariko muri icyo gihe tumaze ndababwiza ukuri ko hari byinshi nungukiyemo, ariko ikiruta ibindi nuko namenye ko gukizwa bitanga amahoro.”

Nsenguwera Jonathan  nawe yavuze ko urugendo rwo gukizwa ari inzira nziza yo kugendera mumucyo ukazinukwa ikibi.

Yagize ati” urugendo rwo gukizwa ni inzira nziza yo kugendera kure ikibi ahubwo ugashishikazwa no gukora ibyiza, kuko mu gihe maze niga inyigisho z’umubatizo zamfashije gusobanukirwa byinshi bitanga umunezero iyo umaze kumenya Imana ukagera ikirenge mucya Kristo.”

Ababatije abari basoje inyigisho ni pasiteri Ugirimbabazi Elie na pasiteri Runezerwa nelson bakorera umuryango Prison Fellowship murwego rwo kurushaho kuzamura imyemerere mumagororero.

Ni umuhango witabiriwe n’abayoboke b’idini rya Angilikani babarizwa mu Igororero rya Muhanga.

Nyuma y’umubatizo habayeho umwanya wo kubabwira ubutumwa bwiza.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.