Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Evariste Murenzi, ari muruzinduko mu Bwami bwa Eswatini kubutumire bwa mugenzi we

Muri urwo ruzinduko rw’akazi, yahuriyemo n’abandi bayobozi bashinzwe serivise z’amagereza no kugorora bo mu bihugu birimo Zambia, Mozambique, Botswana, Zimbabwe, Namibia, Afurika y’Epfo, Kenya,Uganda na Sénégal  nabo bari bitabiriye ibirori by’Umunsi wahariwe Ibikorwa by’Igorora, wabaye kuwa 4 Kanama 2023, banitabira akarasisi ko kwinjiza n’abakozi bashya, mu kigo cyamahugurwa Staff College giherereye i Matsapha, ku wa 4 Kanama 2023.

Umwami Mswati III, uyobora ubwami bwa Eswatini, niwe wayoboye uyu muhango n’abandi bayobozi bari baratumiwe ku baturutse mu bindi bihugu n’izindi nzego z’ubuyobozi zo muri ubwo bwami bwa Eswatini.

Aba komiseri bombi, uw’u Rwanda CGP Evariste Murenzi nuwa Eswatini CG Phindle Dlamini, bagize umwanya wo kugirana ibiganiro ku mikoranire hagati y’ibihugu byombi muri gahunda yo kugorora abakoze ibyaha bifatanyamo cyane muguhana amahugurwa bishingira kukubakirana ubushobozi, uburyo bw’ikoranabuhanga u Rwanda rukoresha mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe (IECMS), no  guhanahana amakuru k’ubunararibonye muri gahunda zo gusubiza mu buzima busanzwe abamaze gusoza ibihano byabo, imicungire y’abari mumagororero, ubushakashatsi n’iterambere ndetse n’ibindi.

Muri ibyo biganiro, CGP Phindle Dlamin, yasabye mugenzi we CGP Evariste Murenzi, ko yazakira itsinda rizaturuka muri Eswatini mu rwego Rushinzwe Igorora, bazatanga amahugurwa ndetse bagahabwa ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashishwa mu nkiko no gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe rizwi nka (IECMS) Integrated Electronic Case Management System (IECMS) mu Rwanda mbere y’uko uyu mwaka wa 2023 urangira.

Inzego zombi zashimye imikoranire myiza ibihugu byombi bigirana binyuze mu masezerano y’ubufatanye byashyizeho umukono muri Kamena 2022.

Muri ibi birori kandi hanabaye umuhango w’ihererekanyabubasha ku bayobozi b’Ihuriro Nyafurika ry’Amagororero aho u Rwanda rufite umwanya w’ubuyobozi bwungirije muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni ihuriro ribumbiye hamwe inzego z’amagororero n’amagereza ku Mugabane wa Afurika rigamije iterambere mu kwita kubakoze ibyaha,  gahunda zo gufunga uwakoze icyaha zikavaho hakabaho kugorora umuntu wakoze icyaha bijyanye no kumutegura gusubira mu buzima busanzwe hagendewe kuburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Ni uruzinduko rwahuriranye no Kwizihiza umunsi wahariwe ibikorwa byo kugorora ndetse hinjijwe n’bakozi bashya bashinzwe kugorora.

CG Evariste Murenzi arikumwe n’abandi batumirwa baturutse mu bindi bihugu muri serivisi z’Igoorora.

CGP Evariste Murenzi imodoka yagendagamo muri urwo ruzinduko yari yahawe ibirango byanditseho u Rwanda.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.