Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 5 bagororerwa mu Igororero ry’Abana rya Nyagatare batangiye ikizamini cya Leza gisoza icyiciro rusange mumashuri yisumbuye

Muri abo banyeshuri bari gukora ibyo bizamini harimo abana 5 bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare bari gukora ikizamini gisoza icyiciro rusange (Tronc Commun) bigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, aho bari gukorana n’abandi banyeshuri baturutse mu bindi bigo bitandukanye kuri site y’ikizamini ya GS Nyagatare, aho bakunze gukorera ibizamini ku bana bagejeje igihe bijyanye n’imyaka baba bagezemo.

Abantu bashobora kwibaza uko umwana afungwa agakomeza akiga bikaba ngombwa ko anakora ibizamini bya Leta! Mubyukuri Igororero ry’abana rya Nyagatare rifite umwihariko wo kwakira abana baba baragonganye n’amategeko kubera ibyaha bakoze, ariko kubera ko baba bataruzuza imyaka y’ubukure ntabwo bajyanwa gufungirwa hamwe n’abakuze, niyo mpamvu iyi bageze mu Igororero bakomeza kwitabwaho, bagahabwa ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kubitaho kuko baba bagikeneye kwitabwaho.

Ibyo bigishwa harimo imyuga n’ubumenyingiro, amashuri asanzwe yo kwiga amosomo atuma bakora ibizamini bya Leta nk’abandi bana biga muyandi mashuri asanzwe kuko bafite abarimu bafite ubushobozi bwo kubigisha ayo masomo, ndetse kubera kwitabwaho uko bikwiriye bitewe nuko umwanya munini usanga bari mumasomo abana batsinda neza cyane kuko kuva gahunda yo kubigisha bagategurwa gukora ikizamini cya Leta ntanumwe uragitsindwa.

Abana batangiye ikizamini cya Leta uyumunsi ni 05 b’igitsina gabo gusa, mu cyumweru cyatambutse hakaba harakoze abandi bana 19 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza harimo ab’igitsinagore 2 n’igitsinagabo 17.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.