Uyu munsi ngarukamwaka wo kwibohora waranzwe n’imyiyereko n’ibiganiro ku mateka n’ubutwari bwo kubohora U Rwanda, imbyino n’indirimbo bibumbatiye ubutumwa n’ibisingizo by’abagize uruhare mu kubohora u Rwanda.
Abaganirije abagororwa n’abantu bafunze ndetse n’abakozi Bumwuga b’urwego, bagiye bagaruka ku nshingano ya buri wese mu rwego rwo gukomeza gusigasira ibyagezweho nyuma yo kubohora Igihugu, banasaba ko Ugorora akwiye gukomeza gukora kinyamwuga hanyuma kandi Abagororwa n’abantu bafunze ko bakwiye kugororoka kuko ikigamijwe ari ukugira Igihugu cyiza gifite iterambere, gifite abaturage beza kandi bibohoye kugeza no ku cyaha n’igisa nacyo.
Muri ibi birori kandi hashimiwe ababohoye Igihugu hanibutswa ko Umunyarwanda wese akwiye kwirinda amacakubiri no kwishora mu byaha kuko ibyo biri mu bidindiza iterambere ry’Igihugu kandi ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha imiyoborere myiza.
Baganirizwa, abantu bafunzwe n’abagororwa bibukijwe ko nta ntambara y’amasasu igihari ahubwo ikigezweho ari ukwibohora mu kurwanya ubukene, maze banasabwa gukumira icyaha cyaricyo cyose cyatuma igihugu cyacu gisubira inyuma ahubwo ko buri wese asabwa guharanira icyatuma u Rwanda rukomeza kuba ku isonga mu kugera ku iterambere rirambye
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.