Inamangarukamwaka y’uyumwaka yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti” kwigira twubaka sisiteme yo kugorora bijyanye n’amasomo twakuye mu cyorezo cya Covid-19”, kandi inagamije kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubumenyi hagati y’ibihugu, hibandwa ku migororere ijyanye n’igihe, biturutse ku ngorane zimwe na zimwe zagiye zigaragazwa n’icyorezo cya Covid-19, hagamijwe kureba ibibazo byagiye bigaragara byabonerwa umuti urambye.
Iyi nama yahurije hamwe abagera kuri 400, harimo abayobozi b’ibigo bishinzwe kugorora, Abayobozi b’Amagororero baturutse mu bihugu by’umugabane wa Afurika byose, Impuguke ndetse n’abamaze igihe muri gahunda zo kugorora, Imiryango itegamiye kuri Leta, abaterankunga ndetse n’imiryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’intebe w’Igihugu cya Senegal Rt Amadou Ba, niwe watangije ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora izamara iminsi 5, iri kwigirwamo uburyo hari ibintu byinshi byahinduka muri serivisi z’Igorora bijyanye n’igihe ndetse no gusangira ubumenyi butanduka no kurushaho kwigira izamara iminsi itanu.
Ni inama yigirwamo byinshi murwego rwo gusangira ubumenyi butandukanye.
ubwo bageraga i Dakar bagiye kwitabira inama ihuza abafite aho bahurira no kugorora.
Ni inama yitabirwa n’ibihugu byose bifite aho bihurira no kugorora, iyi ikaba yitabiriwe n’abantu 400.
Komiseri mukuru wa RCS arikumwe n’itsinda ry’abantu babiri bagiye bamuherekeje.
Abayobozi inararibonye mu kugorora muri Afurika ndetse n’abaterankunga batandukanye bitabiriye iyi nama.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.