Categories: Amakuru ya RCSSlider

Igihano cy’imirimo y’inyungu rusange kiri mu bigiye kugabanya ubucucike mu magororero

Ubucucike mu magororero bumaze iminsi bugarukwaho cyane n’inzego zitandukanye, biturutse ku mubare munini wabakora ibyaha wiyongera umunsi ku munsi, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo n’umuti urambye kuri iki kibazo cy’ubwiyongere bw’abaza mu magororero, hari ibisubizo byagiye bishakwa birimo nk’ifungurwa ry’agateganyo ry’uwakatiwe, Imbabazi za nyakubahwa Perezida wa Repuburika hakaba hiyongereyeho n’iteka rya Perezida rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ku bantu bakatiwe icyo gihano n’urukiko, ubu bukaba ari bumwe mu buryo bwiza bugiye kugabanya ikibazo cy’ubucucike cyari kimaze gufata indi ntera mu magororero amwe n’amwe, ibi bikaba byitezweho kuzatanga umusaruro kuko hari benshi bazasohoka, bakajya mu mirimo y’inyungu rusange ndetse n’ibibagendaho bikagabanuka kuko hari abazajya bakora bataha iwabo

Imirimo y’inyungu rusange si inkuru nshya ku Banyarwanda, kuko hari hasanzwe icyo gihano mu itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ahubwo kubera ko nta tegeko rigena uburyo bwo gukora icyo gihano ntibyashyirwaga mu bikorwa ariko ubu hashingiwe  ku iteka rya Perezida no 022/01 ryo ku wa 31/03/2023, rigena uburyo bwo gukora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange, riheruka gusohoka ribisobanura, kigiye gutangira gukurikizwa gusa hakazajya habaho ubufatanye ku nzego zitandukanye zirimo izibanze ndetse n’uzumutekano kandi tutibagiwe n’abaturage muri rusange.

Muri iri tegeko hateganyijwe ko Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, RCS, ruzajya rukora urutonde rw’abakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange rukarushyikiriza Akarere babarizwamo, ako karere kakamenyesha nyiri gihano itariki agomba  gutangiriraho igihano naho kizakorerwa ubundi agakurikiranwa na RCS mu gihe yatangiye imirimo ariko hakaba ubufatanye umunsi ku munsi kugirango bamenye niba uwahawe icyo gihano agikora neza yaba adakora uko bikwiriye inzego bireba zigafata umwanzuro.

Muri iri teka kandi rivuga ko RCS, ifatanyije n’Akarere bireba, igena ahantu hashyirwa ingando z’abantu bakatiwe igihano cy’imirimo y’inyungu rusange mu gihe isanze ari bwo buryo bukwiriye gukoreshwa.

Imirimo rusange izatuma ubucucike mu Magororero bwari bumaze gufata indi ntera bugabanuka.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.