Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Musanze hasojwe amahugurwa ajyanye n’isanamitima yatanzwe n’umuryango Good News Of Peace And Development

Aya mahugurwa yasojwe uyumunsi, yari afite insanganyamtsiko igira iti Kumenya ibihe turimo byo kwibuka Genocide yakorwe Abatutsi muri mata 1994, n’uburyo byadufasha gufasha abagira ibibazo by’ihungabana. Aho abayitabiriye bibanda ku ngingo zitandukanye arizo :Kwibuka Genocide yakorewe abatutsi ningaruka za jenocide, Icyaha nk’isoko y’ibibi byose, guhumuriza abantu ko gukira guhari kandi gushoboka (Ezekiyeli 22,30) ndetse barebera hamwe inzira eshatu zo gukira ari zo:Kwemera ibyabaye n’ibyatubayeho, Kuvuga ibyatubayeho, Kurira nk’uburyo bwo kwemera gusohora ibituri ku mutima, tukitandukanya n’imvugo ivuga ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda kuko hari abavuga ko nta mugabo urira ariko kurira biromora kuko uba usohoye amarangamutima yawe ibi bigatuma wiha imbabazi ndetse ukigirira n’impuhwe.

Abitabiriye aya mahugurwa kandi ingaruka zo kutibabarira noguhorana ipfunwe, ikimwaro, ndetse bikageza n’aho utekereza kwigirira nabi, basobanurirwa ko umuntu wabashije kwibabarira muri we, iteka ahorana impungenge zo kuba yakongera gukora icyo yakoze kitari cyiza, bikagufasha kugendera kure ikibi ndetse banigishwa icyo umuntu yakora kugira ngo ubashe kwibabarira no gutekereza ku cyaha wakoze, warangiza ugafata icyemezo akarenga ibyahise agaharanira ko utazongera gusubira mu bibi kuko wamaze kwisobanukirwa ukanaba umusemburo w’ibyiza n’urugero ku bandi bagufataga mu buryo butari bwiza.  

Mu gusoza Pastor Munyeshuri Noheri, yatanze ubuhamya bwubaka abari mu mahugurwa, anavuga uburyo yemeye gusaba imbabazi mu izina ry’abahutu bakoze Genocide mu gihe cya Genocide yakorewe abatutsi, asoresha isengesho kubitabiriye amahugurwa.

Pastor Munyeshuri Noheri umwe mubatanze ibiganiro yasoje asengera abitabiriye amahugurwa.

Pastor Munyeshuri Noheri yanatanze ubuhamya butandukanye ndatse anavuga ko yasabye imbabazi mu izina ry’Abahutu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.