Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uko icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangiye muri RCS

Nkuko uyu muhango wo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside, uba ureba Abanyarwanda bose, Urwego  rw’u Rwanda rushinzwe Igorora cyane ku magororero yose bifatanya n’abandi muri icyo cyumweru cyahariwe kunamira Abatutsi bazize uko bavutse nuko baremwe ndetse iki cyumweru gihabwa agaciro kuko hari benshi baba barabaye muri ibyo bihe bazira icyaha cya Jenoside aho bamwe banatanga ubuhamya bw’ibyo bakoze, nyuma yo kwitekerezaho bakabona ko bakoze amahano ukaba n’umwanya wa bamwe kongera kwicuza bakanemera kwerekana aho imibiri imwe bari baranze kwerekana iri.

Muri iki cyumweru inzego zitandukanye za leta zifata umwanya zikajya kuganiriza abari mu Magororero, bakabaganiriza amateka kuko haba harimo n’abavutse nyuma ya Jenoside bakeneye kumenya amateka mabi yabaye ndetse bukaba n’uburyo bwo kwigisha urubyiruko kutijandika mu bikorwa bibi byatuma Igihugu cyongera kugwa mu mage nkayo cyaguyemo mu 1994, bagasobanurirwa amateka mabi nuburyo bakwirinda ikibi ahubwo bagaharanira ko ikijyanye n’amacakubiri kitazongera kubaho ukundi.

Muri iyi minsi irindwi hategurwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’amateka, uko amacakubiri yatangiye ndetse n’uburyo yageje igihugu kuri Jenoside, bagasobanurirwa n’ubutwari bw’inkotanyi zahagaritse Jenoside igihugu kikaba cyarongeye kwiyubaka binyuze mu kwirinda amacakubiri umunyarwanda wese ahabwa agaciro.

Ku Igororero rya Rwamagana batangiye icyumweru cy’Icyunamo baganirizwa ku mateka yagejeje Igihugu kuri Jenoside.

Abayobozi b’Igororero rya Rwamagana bitabiriye umuhango wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abagororerwa mu magorerero harimo n’urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside baba bakeneye kumenya amateka.

Ku ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana ubuyobozi bwaganirije abanyeshuri bari mu mahugurwa ya Cadet ndetse n’ayibanze (basic) amateka mabi yaranze u Rwanda akaurugeza kuri Jenoside.

Ku Igororero ry’Abana rya Nyagatare Abana bahawe ikiganiro kijyanye n’amateka mabi yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside dore ko baba banayakeneye kuko batayazi.

Mu Igororero rya Huye nabo bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi.

Umuyobozi w’Igororero rya Huye SSP Hillary Sengabo yabwiye abitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi ko buri muntu agomba guharanira ko ibyabaye bitazongera.

Ku Igororero rya Musanze naho batangiye icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abagororerwa mu Igororero rya Musanze batambukije ubutumwa bwo kwibuka mu ndirimbo.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.