Categories: Amakuru ya RCSSlider

Korari Saint Augustin yataramiye  Abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Nyandwi Eric Umuyobozi wa korari Saint Augustin yavuze ko bishimiye gukorera Iyogezabutumwa no gutura igitambo cya Misa mu igororero rya Nyarugenge, byakarusho mu gihe cy’Igisibo kuko bituma barushaho kwitagatifuza.

Yagize ati” Njye na korari mbereye umuyobozi turishimye kuri uyu munsi, kuko ari iby’agaciro gusura abantu bafunze tugafatanya gukora Iyogezabutumwa tugatura n’Igitambo cya Misa byakarusho mu gihe cy’Igisibo, ibi bituma barushaho kwitagatifuza no gusanwa kw’imitima cyane cyane ku bahungabanijwe n’inzira z’icyaha baba baranyuzemo bikabafasha kwegerana n’Imana bakayisaba imbabazi imitima yabo ikabohoka kuko ari igihe cyiza cyo kwisuzuma.”

Beatrice Nirere umuyobozi uhagarariye centrale Mutagatifu Tereza Umwana Yezu ikorera mu igororero rya Nyarugenge, yavuze ko bashimishijwe n’iki gitambo cya Misa banasuwemo na Korari Saint Augustin.

Yagize ati” Twashimishijwe nuko iyi korali yaje gutaramana natwe mu Iyogezabubumwa rinyujijwe mu biganiro n’indirimbo zo guhimbaza Imana, ibi biradufasha mu kurushaho kongera kwitekerezaho mu rwego rwo kwiyegeranya n’Imana n’Isanamitima no kwitagatifuza kuko igisibo kidufasha kwisuzuma no kwicisha bugufi imitima yacu ikamenekera Imana.”

SP Christine Mukarukwaya, Umukozi w’Umwuga w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ushinzwe imibereho myiza y’Abantu bafuzwe mu Igororero rya Nyarugenge, yavuze ko ibi bikorwa byunganira inyigisho zo kugorora.

zitangwa mu rwego rwa guhindura imitima no kurushako kwegera Imana mu isengesho maze bigatuma intego yo kugorora igerwaho mu buryo bwa vuba.

Yagize ati” Ibi bikorwa byunganira inyigisho zo kugorora dusanzwe dutanga bigafasha abazumva guhinduka mu mitima no kurushako kwegera Imana mu isengesho ndetse bikanatuma intego yo kugorora igerwaho, kuko iyo umuntu yumvise ubutumwa bwiza bumuhumuriza bituma yumva ko hari amahirwe menshi yo kubaho kuko no mu Igororero ubuzima bukomeza.”

Ibiganiro byibanzweho muri iki gitambo cya misa ni ibijyanye n’isanamitima, gusoma Ivanjiri n’igitaramo cy’indirimbo zigizwe n’urujyano rw’ibicurangisho n’amajwi meza y’abaririmbyi ba Korari Saint Augustin, igizwe n’abaririmbyi basaga 80, bavuze ko bazakomeza ibikorwa byabo nkuko byakorwaga mbere ya Covid-19.

Bigishijwe n’ijambo ry’Imana ribahumuriza kandi babwirwa ko igisibo ari umwanya mwiza wo kwegerana n’Imana.

Mubyashimishije iyi korari ni uko bataramiye mu Igororero mu gihe cy’Igisibo.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.