Mbere yo gusuzumwa indwara zandurira mu kanwa Abantu bafunze ndetse n’abagororwa bahawe ikiganiro ku isuku yo mukanwa ndetse n’uburyo yakorwa neza, kuko iyo idakozwe neza itera uburwayi ndetse ubwo burwayi bukaba bwakurikirana n’urupfu, basabwa kwitwararika mubyo bakora byose kuko isuku ari isoko y’ubuzima, kandi amagara aseseka ntayorwe buriwese akwiriye kugira isuku iye.
Muri icyo gikorwa cyo gusuzuma Abagororwa n’Abantu bafunzwe, hasuzumwe abagera kuri 200, basuzumwa indwara zo mukanwa ndetse banahabwa ibikoresho by’isuku bizabafasha kwita ku isuku yo mu kanwa, mu rwego rwo kurushaho guhangana n’izo ndwara zituruka mu kudakora isuku y’akanwa, bahabwa umuti w’amamenyo n’uburoso bukoreshwa mu gukora isuku yo mu kanwa, ndetse mu basuzumwe basanzemo abagera kuri 87 bafite uburwayi bwo mu kanwa busabwa kwihutishwa kuvuzwa vuba kuko bidakozwe byabateza ibibazo.
Abatanze ubufasha bwo gusuzuma bashimiwe kubwo igikorwa bakoze, banavuga ko ari igikorwa ngarukamwaka ndetse nabo bashimira RCS, kuba yarabemereye ko iki gikorwa gikorerwa mu magororero kuko kireba abanyarwanda bose.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.