Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abanyeshuri biga ubuganga muri Kaminuza y’U Rwanda basuzumye indwara zo mu kanwa abahagororerwa mu Igororero rya Bugesera

Mbere yo gusuzumwa indwara zandurira mu kanwa Abantu bafunze ndetse n’abagororwa bahawe ikiganiro ku isuku yo mukanwa ndetse n’uburyo yakorwa neza, kuko iyo idakozwe neza itera uburwayi ndetse ubwo burwayi bukaba bwakurikirana n’urupfu, basabwa kwitwararika mubyo bakora byose kuko isuku ari isoko y’ubuzima, kandi amagara aseseka ntayorwe buriwese akwiriye kugira isuku iye.

Muri icyo gikorwa cyo gusuzuma Abagororwa n’Abantu bafunzwe, hasuzumwe abagera kuri 200, basuzumwa indwara zo mukanwa ndetse banahabwa ibikoresho by’isuku bizabafasha kwita ku isuku yo mu kanwa, mu rwego rwo kurushaho guhangana n’izo ndwara zituruka mu kudakora isuku y’akanwa, bahabwa umuti w’amamenyo n’uburoso bukoreshwa mu gukora isuku yo mu kanwa, ndetse mu basuzumwe basanzemo abagera kuri 87 bafite uburwayi bwo mu kanwa busabwa kwihutishwa kuvuzwa vuba kuko bidakozwe byabateza ibibazo.

Abatanze ubufasha bwo gusuzuma bashimiwe kubwo igikorwa bakoze, banavuga ko ari igikorwa ngarukamwaka ndetse nabo bashimira RCS, kuba yarabemereye ko iki gikorwa gikorerwa mu magororero kuko kireba abanyarwanda bose.

Abantu bafunzwe bahawe ubufasha bwo gusuzumwa indwara zo mukanwa ku Igororero rya Bugesera.
Abasuzumwe bahawe ibikoresho bizabafasha kwirinda indwara zo mu kanwa.
Mbere yo gutangira igikorwa cyo gusuzuma indwara zandurira mu kanwa abanyeshuri babanje kuganirizwa.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.